Ticker

6/recent/ticker-posts

Ad Code

Responsive Advertisement

AMAHITAMO

 

Ugukomanga ku rugi kwari gukomeye kandi kurimo itegeko. Bishoboka ko ari inkoni yakoreshwaga yatumye uko gukomanga kumvikana cyane. Emile yari afite hafi imyaka 14, mushiki we yari afite imyaka 22 kandi uyu mushiki we yari afite uruhinja rumaze amezi make. Umugabo wa mushiki we yari amaze imyaka mike agiye   kugira ngo agerageze kubona amakuru y’uburyo yacika.

Emile yakinguriye urugi umuntu w’umurakare, wari umusirikare utarasekaga. Uyu musirikare yari umwe mu bari barigaruriye agace k’iwabo. Uwo musirikare yaramubwiye ati, “Ejo saa mbiri za mu gitondo muzitabe polisi.”

Mu gitondo cyakurikiyeho, Emile yambaye inkweto ze za bote. Se yari yarazikoze mu mwaka wabanjirije uwo. Zari inkweto nziza, izo se warimo yipfira yari yarakoranye urukundo azikorera umwana we umwe w’umuhungu yagiraga. Zakozwe zijya kuba nini ho gato, ariko ubu bwo ziramukwira rwose, kandi Emile yari atagikura. Afite imyaka 14, yumvaga izo nkweto se yamukoreye zitamumereye neza nk’umuntu mukuru.

Yambaye igitambaro kimurinda imbeho mu ijosi maze ahamagara mushiki we aramubwira ati: “Saa mbiri zirabura hafi iminota 30!” Mushiki we yaramusubije ati: “Ndaje!” Aza afashe mu maboko ye uruhinja rufubitswe neza, maze wa mubyeyi ukiri muto ajyana na musaza we baramanuka bafata agahanda gato berekeje ku cyicaro cya polisi. Aho hari uruvunge rw’abantu. Abapolisi banditse amazina yabo maze babajyana gutegerezanya n’abandi. Aho hantu hari abantu benshi. Ikintu kidasanzwe ni uko abari bahamagawe bose bari Abayahudi.

Abapolisi barababwiye bati, “Kubera impamvu z’umutekano, tugiye kuba tubakuye mu mazu yanyu by’igihe gito. Ntimugire ikibazo. Umutungo wanyu uzitabwaho neza cyane.

Kubera impamvu z’ibihe by’intambara, muzagenda mu modoka zitwara imizigo, ariko urugendo ruzaba rugufi. Ba bapolisi bashoreye rya tsinda ry’abantu maze baryerekeza aho igare ry’umwotsi rihagarara. Igare ry’umwotsi ritwara imizigo ryahagaze aho maze abantu bose baryinjizwamo. Umupolisi yaravugaga ati, “Ni ko bimeze, mwegerane. Mureke n’aba bandi babiri bajyemo. Mwegerane cyane. Ni byiza!” Inzugi nini z’icyuma zahise zikingwa; bahita bashyiramo n’icyuma kizifunga.

Abantu bari muri iyo modoka bari bumiwe. Bafite ubwoba, kandi bahangayitse, bagendaga bongorerana. Hanze bahumvaga induru n’urusaku rw’abantu biruka. Bumvise umuntu avugirije maze umuntu w’umugome ahonda kuri ya modoka. Abantu bari imbere mu modoka barihinze, bagasunikana, bakituranaho nyamara ntibagwe hasi kubera ko bari begeranye cyane ku buryo nta wagwa hasi.

Umubyeyi yahumurije umwana we witwa Hanan ati, “Nta kibazo, Humura Hanan.” Umwana nawe ati: “Ariko ndashaka kwituma Mama!” Umubyeyi ati: “Urabikora mu kanya mwana wanjye!”Umwana ati, “Oya Mama, sinshobora kwihangana.” Maze umubyeyi avuga yoroheje ati: “Ni uko ngaho bikore mu ipantalo yawe.”

Rya gare ry’umwotsi ryakomeje kugenda ryihuta, rikomeza inzira yaryo ikoze mu byuma. Muri rya gare ry’umwotsi imbere, byari bikomeye. Ijoro ryaraguye maze muri iryo joro ryose, iryo gare rikomeza kugenda ribomborana ryihuta n’imbaraga nyinshi ubudatuza. Bwarakeye izuba rirarasa. Abari muri iryo gare nta kintu barya cyangwa banywa bari bafite. Ikinuko cy’amazirantoki nticyari kigitera amazuru ikibazo.

Umukobwa w’inkumi yatangiye gutaka agira ati: “Sinshobora kubyihanganira, sinshobora kubyihanganira.” Yazamuye umutwe we maze awucisha mu mwenge muto wari hejuru muri iryo gare. Urusaku rw’isasu rwaravuze, maze wa mukobwa agwa muri rya gare yapfuye, amaraso yuzuye mu maso he hari heza. Igihe ijoro rya kabiri ryagwaga, ubwoba bwinshi no kumirwa byasabye izo mfungwa.

Ku munsi wa gatatu, izuba ryaracanye cyane. Rya gare ry’umwotsi ryageze aho birikomereye kugenda rirahagarara. Habayeho urusaku rw’abantu, kuvuza induru, n’urusaku rutewe n’inzugi zafungurwaga maze izo nzugi zirakingurwa. Babonye umucyo w’izuba bananirwa kureba. Iryo tsinda ry’abantu bari buzuye inkari n’umwanda, banuka basohotse muri iryo gare badandabirana kugira ngo basanganizwe urwunge rw’amagambo mabi.

Kuraho! Vanaho!  Abagabo bajye ibumoso! Abagore bajye iburyo! Abagabo banyure aha. Abagore n’abana banyure iburyo.

Mwihute! Mutambuke vuba! Emile yarashidikanyije. Abo bantu benshi bakomezaga bajya imbere. Mbese Emile yari umugabo cyagwa yari umwana w’umuhungu? Bakomeje kubwirwa ngo, “Abagabo muce aha. Abagore n’abana namwe munyure aha.”

Emile yari yambaye za bote se yari yarakoze, ku buryo uwamurebaga yabonaga ari muremure. Yagaragaraga ko ari umugabo.Yararebye maze arabukwa mushiki we wari wambaye igitambaro cy’imbeho mu ijosi anatwaye ku rutugu kishywa ke. Mushiki we yagendaga muri cya kivunge cy’abantu bihuta bagiye. Emile ntiyongeye kumubona ukundi. Mushiki we bamujyanye mu byumba byabaga bifungiyemo ibyuka bihumanya. Emile yajyanywe mu nkambi bafungiramo imfungwa z’intambara.

Emile yararokotse kugira ngo avuge iyo nkuru y’ibyamubayeho kandi igitangaje muri yo ni imbaraga ya kwa guhitamo kumwe yagize. Igihe yari ahagaze mu mahuriro y’inzira y’ubuzima, yari guhitamo ate?

Uyu munsi urabazwa ikibazo. Uhitamo ute? Buri munsi duhura n’ibintu bidusaba gukora amahitamo menshi kandi ibi nibyo bigena amaherezo yacu. Buri gihe ntabwo tugira amahirwe amwe nyamara hariho amahitamo agomba gukorwa n’abantu bose. Amahitamo meza n’amabi. Aya mahitamo ashobora kugira ingaruka (nziza cyangwa mbi) ku burere bwacu, umutekano, umutungo wacu ndetse no ku buzima bwacu uko byagenda kose. Reka dufate ingero:

Ø  Kunywa itabi cyangwa kutarinywa ni amahitamo.

Ø  Kunywa ibisindisha cyangwa kutabinywa ni amahitamo.

Ø  Gushyira mu bikorwa akamenyero ko kwitungira amagara mazima cyangwa kutabikora ni amahitamo.

Dr. Nedra Belloc na Lester Breslow, bakora mu ishami ry’ubuzima bw’abantu muri rusange, i Berkeley muri California,bakozeubushakashatsi  mu ngo 6928 z’abantu bakuru batuye ahitwa Alamenda muri California, baza gusanga ko  hari uburyo 7 bw’imibereho bwabaye intandaro yo kurama cyane. Ubwo buryo ni ubu bukurikira:

1. Gusinzira mu buryo buhagije (amasaha 7 kugeza ku 8 buri joro);

2. Kutagira ibyo urya hagati y’amafunguro agenwe (Kutaryagagura);

3. Ifunguro rya mu gitondo rya buri munsi ryuzuye;

4. Kugumana ibiro by’umubiri bigenwe bijyaniranye n’uburebure bw’umuntu, uko amagufa ye ateye ndetse n’imyaka ye y’ubukuru;

5. Gukora imyitozo ngororangingo ya buri gihe;

6. Kudakoresha ibinyobwa bisindisha;

7. Kutanywa itabi.

Ugukurikirana iyi myifatire kwakozwe mu myaka 9 kwagaragaje ko umubare w’ibyo umuntu yakurikije akabigira akamenyero mu mibereho igamije ubuzima buzira umuze, byagiranye isano itaziguye ku kuba bapfa cyangwa ntibapfe. Kiriya gihe cy’imyaka 9 kirangiye, basanze ko mu bantu bubahirije ziriya ngingo uko ari 7, abagabo 5,5 ku ijana n’abagore 5,3 ku ijana gusa nibo bapfuye ugereranyije n’abagabo 20 ku ijana n’abagore 12,3 ku ijana  bapfuye , igihe hubahirijwe gusa  ingingo 3 cyangwa se  munsi yazo icyarimwe.

Ø  Gukora imyitozo ngororangingo cyangwa kutayikora ni amahitamo.

Ø  Kunywa amazi ahagije cyangwa kutayanywa ni amahitamo.

Ø  Kwishyiramo ko ahazaza hazaba habi cyangwa ko hazaba heza ni amahitamo.

Ø  Kwiringira Imana cyangwa kutayiringira ni amahitamo.

ICYO BITWIGISHA MU BY’UMWUKA

Ubuzima bugizwe n’amahitamo. Buri mwanya wose tuba duhamagarirwa guhitamo. Guhitamo neza cyangwa nabi mu by’ubuzima ni urugamba rukomeza. Urugamba nk’urwo runarwanwa mu ntambara y’iby’umwuka. Uyu munsi nimwitoranyirize uwo muzakorera. Ariko njye n’inzu yanjye tuzakorera Uwiteka. (Yosuwa 24:15).

Mu mahitamo yose tugira, uguhitamo kw’ishingiro ni uguhitamo Imana. Mbese ntidukwiriye guhitamo kugirana umubano n’Imana? Yego. Dukwiriye kubihitamo! Biradukwiye kubera ko muri uyu mubano havamo: amahoro, ibyishimo, ukwihangana, ukwirinda, urukundo, ubugwaneza, ubudahemuka, kwicisha bugufi, ukubonera.

Tugomba kwitonda kugira ngo buri munsi duhitemo neza, bityo Imana ishobora kuzuza imibereho yacu ibyishimo n’umunezero.

Post a Comment

0 Comments